RDF/M23 ubu ni nka ya nkunguzi y’Inkware imwe Ishoka agaca kayireba, birakwiye kandi biratunganye ko RDF Kigali isebera muri Democratic Republic of Congo ikahabonera Ibyo itahakekaga, maze ikahakubitirwa iz’akabwana k’imbwa kaneye mukiraro cy’inka nkuko biri kugenda ubu.
RDF/KIGALI IYI MVUGA/MVUMA YAVOGEREYE Democratic Republic of Congo KUVA MU 1996 KUGEZA UBU NANDIKA NTABWO YIGEZE IHAVANA IKIRENGE, Gusa Yakoraga Amakinamico Yo Kwihinduranya Mbese Nkuko Umuntu Ahindara Imyambaro RCD/CNDP/ ya none nayo ubu mvuga.
RDF rero ntaho yigeze ijya, ariko noneho ubanza igihe ari iki RDF ikagenda igiye,kuko Ibyo RDF/M23 iri kubonera mu mirongo yimbere k’urugamba bisa na bimwe imbwa yaboneye k’umugezi . FARDC ya none ntabwo ari yayindi Kigali yari isanzwe izi; ndavuga imwe Gen James Kabarebe yashimuse yakwirukanwa akayisigamo Virus .
Ivugururwa ryiyi FARDC riratanga ikizere cyo gukosora RDF/M23 bidasubirwaho; kuko President Félix Antoine Tshisekedi uyobora Congo iyi mvuga ibigwi, yiyemeje kuvugurura byose ahereye mu ngabo z’igihugu cye FARDC. Mbese Politiki y’uyu mugabo w’ibigango iri hejuru cyane yanditse amateka akomeye muri uru rugamba ahanganyemo na RDF/M23. Guhagarara kigabo byazamuye moral muri FARDC maze urumafu rukurwa mu ngano vuba na bwangu, ibi byagabanyije umuvuduko RDF/M23 yari ifite kuva i Bunagana kugera Kibumba na Kichanga. Guhuriza hamwe za Maï maï, aho kuba ikibazo ku gihugu bikaba igisubizo cy’amahoro n’igitego cy’umutwe bwana Félix Antoine Tshisekedi yatsinze Kigali yaseseraga ubudasiba muri Maï maï zimwe nazimwe maze Kigali igakora ibara mu bakongomani rwihishwa, ubu Kigali ntaho yamenera kuko ubu Mai mai zose zibumbiye muri WAZALENDO zabaye inkeragutabara zirakora kandi zifashwe neza. Zifatanyije n’ingabo zabo FARDC gutanga isomo rikwiye kuri RDF/M23 kandi ibintu birikugenda neza .

” WAZALENDO ” urugamba nyarwo rero njyewe nemeza ko rutaratangira, ikiri gukorwa nukumenyereza abasore basohotse amasomo bakamenya gukoresha ibikoresho bishya byaguzwe, kuri terrain rero ntabwo urugamba ruratangira mbisubiremo ikiri gukorwa nukureba ko ibikoresho bishya byaguzwe byujuje ubuziranenge, nimuri urwo rwego indege z’intambara Sokoï 25 yazengurutse kuri Terrain isura ibirindiro by’umwanzi aho biri hose, Ndetse ikora imyitozo iciriritse, niza kurwana Umwanzi ubwe niwe uzabyivugira kuko bizaba atari ibyo guhishwa cg guhwihwiswa. Niko kandi Drones nazo zatangiye kwerekana ko zitazanywe no Gufotora amafoto gusa, cyangwa gutanga amaraso, ahubwo ko no kurasa umwanzi zijya zibimenya. Ikibumba twabibaza Gn. Makenga utarabashije gukenguza Drone ikamuca murihumye we nabo bari kumwe.

Ifoto y’ushinzwe ubutasi muri RDF/M23 Col Mberabagabo Castro
Kichanga ho ndamenyesha Kigali ko Col Mberabagabo Castro wari uyoboye RDF/M23 aho Kichanga Drone yamaze kumwimurira mubirindiro bishya by’ikuzimu, ibyo byabaye kuwa kabili 16/01/2024 saa 10:00. Kichanga mubimenyeshe umuryango we hakiri kare bahite batangira ikiriyo kuko ntayindi mihango kumushyingura Drone byose yarabirangije. Gusa mwoherereze iri tangazo mu bwanditsi bw’ikinyamakuru Ikaze iwacu kuko kitabereyeho kubakorera. Ndavuga RDF/M23 abanyarwanda muhoze amaso mukinyamakuru cyanyu Ikaze Iwacu kuko imirambo y’abasirikali iracyabarurwa kandi yarangiritse cyane nitumenya neza bene yo umubare n’amazina muzabitangarizwa mu nimero zacu zubutaha!
Gusa uko kohereza abana banyu mu gisirikari cya RDF, mubyange kuko simbabeshya barangiriye muri Congo kandi bazira akambi.
IJISHO RYA RUBANDA MU BURASIRAZUBA BWA CONGO